C.Ep.R :2022 - 2023, Umwaka w’uburezi mu mashuri

Abepiskopi Gatolika bo mu Rwanda bemeje ko umwaka w’ubutumwa wa 2022-2023 uzitwa “Umwaka w’uburezi mu mashuri”. Uwo ni umwe mu myanzuro y’Inama yabo y’igihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2022, yabereye i Kigali kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 4/03/2022. Yayobowe na Nyiricyubahiro Musenyeri Filipo Rukamba, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare akaba na Perezida w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda. Kanda hano usome itangazo

Mu itangazo ryabo risoza iyo nama, abashumba ba Kiliziya gatolika mu Rwanda bavuga ko uburere buhera mu rugo bukunganirwa n’umuryango mugari, bugashimangirwa n’abarezi b’ingeri zose kugeza umwana akuze akabasha kuba na we yarera abandi. Bagaragaza kandi ko ubufatanye ari ngombwa kugira ngo umwana adahagama hagati y’ibyiciro bitandukanye by’abamwitaho.

Abepiskopi Gatolika bo mu Rwanda bati “Uburezi bufite ireme bushingira ku burere, bugasigasirwa n’integanyanyigisho zishyitse zigendana n’imyigishirize ihamye irangwa n’ubushobozi mu bumenyi n’ubwitange nk’ubw’Imana mu bushake bwo gufasha abana”.
Bizeza kandi ko ibikorwa bitandukanye bizaranga uwo mwaka w’ikenurabushyo utaha bikomeje gutegurwa ku buryo buri wese azabigiramo uruhare maze ishuri rizafashe abana kuba abantu nyabantu, n’abarezi kuba ababyeyi bizihiwe n’umuhamagaro bafite.

Papa Fransisko ashishikariza abatuye isi guharanira kurera muntu ushyitse mu butumwa bwe bujyanye n’umunsi mpuzamahanga w’amahoro wizihijwe ku ncuro ya 55 ku wa 1 mutarama 2022, Papa Fransisko yagaragaje ko mu myaka yashize, ingengo y’imari yagenerwaga kwigisha no kurera yagabanutse cyane ku isi. Kuri we, ngo bifatwa nk’ibitwara amafaranga, aho kuba ibyashorwamo imari nyamara kandi ari byo bintu by’ibanze mu iterambere ryuzuye rya muntu. Papa Fransisko ati “ Kwigisha no kurera ni byo shingiro rya sosiyete yunze ubumwe, ifite umuco, ishoboye kurema icyizere, uburumbuke n’iterambere”.

Muri ubwo butumwa kandi Papa Fransisko avuga ko igihe kigeze kandi byihutirwa ngo za leta zishyireho politiki y’ubukungu igamije guhinduranya igipimo cy’amafaranga akoreshwa mu burezi n’ashorwa mu ntwaro. Akongeraho ati“Mfite icyizere ko ishoramari mu burezi na ryo rizaherekezwa n’ubushake bukomeye bwo guteza imbere umuco wo kutaba ntibindeba”.
Umushumba wa Kiliziya gatolika ku isi asanga kandi ari ngombwa ko imiryango, amakoraniro, amashuri na kaminuza, ibigo, amadini, abategetsi, n’abatuye isi bose baharanira kurera muntu ushyitse. Agasoza agira ati “Gushora imari mu kwigisha no kurera abakiri bato ni inzira nyamukuru yo kubafasha kugira umwanya ubakwiye ku isoko ry’umurimo binyuze mu myiteguro iboneye.”
Imibare yo mu mwaka wa 2019 igaragaza ko Kiliziya Gatolika mu Rwanda yonyine yari ifite amashuri abanza n’ayisumbuye arenga 1.370 yigamo hagati ya 35% na 40% by’abanyeshuri bose mu gihugu.
DOCICO/CEPR